Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'ubuhinzi yatangije igihembwe cy'ihinga A2022

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 5 Ukwakira 2021, mu Karere ka Gisagara hatangijwe ku mugaragaro igihembwe cy'ihinga A2022.
Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Mugombwa mu gishanga cya MISIZI gihuriweho n'Imirenge ya Mugombwa na Muganza kiri ku buso bwa Ha 55 gihingwa n’abaturage 1473 ba Mugombwa, Muganza ndetse n'impunzi z'abanyekongo zibarizwa mu inkambi ya Mugombwa.
▪️Igikorwa cyatangijwe ku mugaragaro na MoS MINAGRI Jean Chrisostome Ngabitsinze. Yakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere ari kumwe na VM ED, abayobozi b'Ingabo, Police na Reserve Force, NISS ku Karere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge ya Mugombwa na Muganza, bamwe mu bakozi b'Akarere bakorera HQs, Refugee Camp Manager n'abaturage benshi dore ko bari banejejwe no guhinga icyo gishanga kuko ari ikigega cy'imibereho n'iterambere ryabo.
▪️Ibikorwa byakozwe:
- Gusanza amasinde
- Gusobanurira abahinzi uburyo bwo kuvanga ifumbire no gutera kugira ngo umuntu abone umusaruro mwiza
- Gutera.
▪️Nyuma y'umuganda Minister yaganiriye n'abaturage bahabwa impanuro zitandukanye zibashishikariza guhinga neza, kare, imbuto nziza no gukoresha inyongeramusaruro kugira ngo abahinzi bazabone umusaruro mwiza.
▪️Mu gutaha, Minister yasuye ubworozi bw'inkoko zahawe ishyirahamwe rihuriweho n'abanyarwanda n'impunzi mu Kagari ka Mugombwa, Umudugudu w'Akarambo, ashima uburyo zimeze neza n'uburyo zirimo kuzamura abagenerwabikorwa.