Umuganda rusange w’ukwezi wasubukuwe

Kuri uyu wa gatandatu 26 Gashyantare 2022, mu Tugari 59 twose, mu Mirenge 13 yose igize Akarere ka Gisagara habaye umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gashyantare 2022. Usubukuwe nyuma y’imyaka isaga 2 usubitswe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu Murenge wa Mukindo, Akagari ka Nyabisagara, hasizwa ikibanza ahagiye kubakwa ishuri ry'imyuga n'ubumenyi ngiro.
▪️Umuyobozi w'Akarere ari kumwe n'umuyobozi mukuru ushinzwe imirimo rusange mu Karere, abayobozi b'inzego z'umutekano, bamwe mu bakozi b'Akarere n'abakozi b'Umurenge bafatanyije n'abaturage muri uyu muganda.
▪️Mu kiganiro nyuma y'umuganda, Umuyobozi w'Akarere yahaye abaturage impanuro zijyanye no:
- Kugira Mutuelle de Sante: hatangijwe ku mugaragaro MUSA 2022-2023
- Gukora cyane bagatera imbere
- Inka kuri buri rugo
- Kudapfusha ubusa amahirwe Leta ibaha
-Umutekano
- Kwirinda amakimbirane, inzoga z'inkrano n'ibiyobyabwenge.
▪️Umuyobozi w’Akarere ushinzwe iterambere ry’ubukungu yafatanyije n'abaturage b'Umurenge wa Kansi, aho abaturage b'Akagari k'Akaboti (Kansi) n'Akagari ka Rusagara (Kigembe) bahuriye hamwe mu muganda wo kuyobora amazi y'umugina wa Migina agasubira aho yahoze kuko yari atangiye kwangiza umuhanda uhuza Huye-Kansi-Kigembe-Nyanza-Akanyaru bas ahari Duwani nto.
▪️Hose umuganda wagenze neza, witabiriwe cyane, ukaba wanejeje abaturage cyane, nyuma y'imyaka 2 usubitswe kubera kwirinda COVID19.
Hose habereye ibiganiro bikangurira abaturage zimwe muri gahunda za Leta harimo nongutangiza ku mugaragaro Mutuelle de Santé 2022-2023.
Murakoze




