Ukwezi kwahariwe ibikorwa by'inzego z'Umutekano ku rwego rw'Intara y'Amajyepfo kwashorejwe ku Gisagara

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Kamena 2024, mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Kansi ku Kagari k'Umunini hari kubera igikorwa cyo gusoza ukwezi kwahariwe ibikorwa by'inzego z'Umutekano ku rwego rw'Intara y'Amajyepfo.
Umushyitsi mukuru muri iki gikorwa ni Minisitiri w'ubuhinzi n'ubworozi Ildephonse Musafiri.

Igikorwa cyitabiriwe kandi n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Amajyepfo Nshimiyimana Vedaste, Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, VM AFSO Denise Dusabe, abayobozi b'inzego z'umutekanoku rwego rw'igihugu, Intara n'Akarere, ubuyobozi bw'Umurenge n'abaturage benshi.

Inzu yatashywe yubakiwe abana 3 bato b'impfupyi, nyina yishwe na se nawe ahita afungwa.

Muri rusange mu Karere hatashywe inzu 10 zubatswe muri gahunda y'ibikorwa by'inzego z'umutekano (inzu zihariye 8 n'indi 1 yubatse ku buryo bw'ebyiri muri imwe), banaha amagare 30 urubyiruko 30 rwavanywe mu buzererezi.

Minisitiri yaboneyeho asura umworozi ntangarugero muri ako Kagari k'Umunini, ashima cyane aho ageze, amwizeza ubufatanye bwa MINAGRI mu rugendo afite rwo kwiteza imbere kandi akabera itara abo baturanye.