Ubuyobozi bwa Komine Ntega mu Burundi bwashyikirije ubw’Akarere ka Gisagara mu Rwanda inka yari yibwe muri 2021

Mu Murenge wa Gishubi mu Kagari habereye ihererekanya ry'inka hagati y'Umuyobozi w'Akarera ka Gisagara Rutaburingonga Jerome na Musitanteri wa Komine Ntega Mbanzabugabo Pierre Claver mu gihugu cy'u Burundi.
Iyo nka yari yaribwe n'Umurundi kuwa 12/07/2021, hashize umwaka n'igice.
Nyuma yo gukurikirana k'ubuyobozi bw'u Rwanda n'u Burundi, inka yarafashwe, uyu munsi yagaruwe mu Rwanda isubizwa nyirayo Tharcisse Nsanzimfura wo mu Mudugudu wa Hemba Akagari ka Nyabitare mu Murenge wa Gishubi.
Ubuyobozi bw'impande zombi bwishimiye imikoranire myiza.
Twabamenyesha ko uwo Tharcisse Nsanzimfura inka ye ikimara kwibwa, Akarere kari kahise kamushumbusha indi nka.
Nyuma y'igikorwa, Umuyobozi w'Akarere, ari kumwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere yasabye abaturage bari bitabiriye iyi gahunda ibi bikurikira:
- Kwita ku mutekano kandi bakirinda kwambuka mu gihugu cy'abaturanyi kuko umupaka wabo batarawufungura.
- Kurwanya magendu no gukumira ibyaha ndengamupaka
- Gukomeza kuba kw'isonga muri MUSA bagatangira kwegeranya amafr ya 2023-2024
- Gukora cyane bakiteza imbere kandi bikagaraga
- Gahunda y'inka kuri buri rugo
- Kujyana abana bose mu ishuri



