Ni ibihe bikorwa bigari byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 18 Kamena 2025?
1. VM ED yakiriye Itsinda rituritse muri Ambassade y'Abongereza mu Rwanda riyobowe na Gwilym Jones (Ushinzwe ubujyanama mu bijyanye n'ibidukikije n'imihindagurikire y'ibihe muri Ambassade y'Abongereza no muri Africa y'Iburasirazuba) riri mu Turere twa Huye na Gisagara aho bari gusura abaturage baterwa inkunga n'umushinga REDAA (Reversing Environmental Degradation in Africa and Asia) ufasha abaturage 4000 kurengera ibidukikije binyuze mu gutera ibiti n'ubworozi bw'amatungo magufi n'inzuki.
Uturere twa Huye mu Mirenge ya Mukura na Gishamvu na Gisagara mu Mirenge ya Mugombwa na Ndora ni two duterwa inkunga n'uyu mushinga mu Ntara y'Amajyepfo nk'ahantu hakunze guhura n'ibiza.
Korora amatungo byatumye aba baturage babona imborera ituma ubutaka buba bwiza ndetse n'ibiti bituma bafata ubutaka bwakundaga gutwarwa n'isuri. Iyi mishinga iciriritse inatuma babona amafranga abagoboka.
Ni umushinga watangiye gukorana n'abaturage kuva 2024, hamaze guterwa ibiti birenga ibihumbi 95 muri Gisagara gusa, amatungo magufi akabakaba 200 n'ubworozi bw'inzuki imizinga 90 bimaze kugerwaho.
Ambassade y'Abongereza ni yo itera inkunga uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa na TearFund na AEE mu guhangana n'imihindagurikire y'ikirere no kurengera ibidukikije .
2. Itsinda ry'abasenateri mu Nteko Ishinga Amategeko bayobowe na Hon. Sen. Uwimbabazi Penina bakomeje uruzinduko mu Karere ka Gisagara mu rwego rwo Kugenzura uko ingamba zo guteza imbere ikoreshwa ry'ibicanwa bitangiza Ibidukikije zishyirwa mu bikorwa no Kumenya uko abaturage babona ibicanwa.
Baganiriye n'abaturage mu Kagari ka Nyakibungo mu Murenge wa Gishubi, aho bafatanyije n'ubuyobozi bw'Akarere gukemura ibibazo by'abaturage no gukomeza ubukangurambaga rwo gukoresha ibicanwa bitangiza ibidukikije.
Murakoze