Ngendakumana Evariste yahawe ubwenegihugu bw'umunyarwanda
Ngendakumana Evariste atuye mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara. Yari umurundi washakanye n'umunyarwandakazi, akaba yari amaze imyaka 25 aba mu Rwanda.
kuri uyu wa gatatu tariki ya 14 Gicurasi 2025 yahawe ubwenegihugu bw'umunyarwanda nyuma y'uko abisabye, inzego zibishinzwe zigasanga byubahirije amategeko.
Igikorwa cyayobowe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga ari kumwe n'ubuyobozi bukuru bushinzwe abinjira n'abasohoka (DGIE) mu Rwanda, kikaba kandi cyitabiriwe n'umuryango n'abaturanyi b'uwahawe ubwenegihugu.
Ngendahimana Evariste yashimye cyane Leta y'u Rwanda kuko imuhaye ubwenegihugu bw'u Rwanda, bikamufashije kubana n'umuryango we atekanye no gutangira neza urugendo rwo kwiteza imbere nk'umunyarwanda.