Mu karere ka Gisagara hatangijwe gahunda ya Gerayo Amahoro
Kuri uyu wa gatatu 18 Mutarama 2023 hatangijwe gahunda ya GERAYO AMAHORO, ku bufatanye bw'Akarere ka Gisagara na Police y'u Rwanda DPU ya Gisagara. Iki gikorwa kibanze k’ ubukangurambaga ku banyonzi n'abagenda n'amagare bwo gukoresha neza umuhanda mu rwego rwo kwirinda no gukumira impanuka.ubu bukangurambaga bukaba bwibanze cyane muri centre ya ndora.
Iki gikorwa cyitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere, Umuyobozi w'ingabo mu Karere, Umuyobozi wa Police mu Karere n'abanyonzi bo mu Murenge wa Ndora.
Hatanzwe ubutumwa busaba abanyonzi n'abandi bakoresha amagare kwirinda impanuka mu buryo bwose kuko amagara ari mu bitera impanuka cyane kandi amagara araseseka ntayorwa n'iterambere rigerwaho ari uko umuntu ari muzima.

