MU KARERE KA GISAGARA HATANGIJWE AMARUSHANWA Y’UMURENGE KAGAME CUP 2023

Kuri uyu wa kabiri taliki 10 mutarama 2023 mu karere ka Gisagara , hatangijwe amarushanwa ya kagame cup 2023. Amarushanwa yatangirijwe mu murenge wa kibilizi yitabirwa n’ abayobozi batandukanye barimo abanyamabanga  nshingwabikorwa b’ imirenge ya kansi na kibirizi.

Iyi mikino yatangijwe ku mugaragaro   n’ umuyobozi wa karere ka Gisagara bwana Jerome Rutaburingoga akaba ari we wari umushyitsi mukuru kuri uno munsi. Mu ijambo yagejeje abaturage ndetse na bandi bantu bitabiriye iki gikorwa bwiganje ku bijyane n’ imiyoborere myiza igomba kujezwa ku baturage bagahabwa serivisi ibanogewe nkuko ari gahunda y’igihugu muri rusange. Yaboneyeho kandi kwibutsa abaturage impanvu z’aya marushanwa harimo guhuza abantu, kwidagadura no gusabana. Yasoje ijambo rye ashimira abaturage kubwo kwitabira anabasaba gukomeza kuba intangarugero mubyo bakora, bitabira gahunda za leta zose bakaba imbazabigwi nkuko ariyo ntero ya karere ka Gisagara.

Umukino wa gombaga kubimurira iyindi yari umukino wa bakobwa aho kansi yari gukina na kibirizi . byaje kurangira kibilizi iteye mpaga kansi yibitego bitatu ku busa.

Umukino wa kabiri mu bahungu kansi yakinnye na kibilizi  banganya 1 – 1 bajyiye muri penalty kansi itsinda kibiizi penalty 4 kuri 2.

Indi mikino y’amajonjora izakomeza kuwa gatanu tariki ya 13 mutarama 2023.