Ku rwibutso rwa Kabuye habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi no gushyingura mu cyubahiro imibiri y'inzirakarengane zishwe muri jenoside

Kuri uyu wa 23/04/2024, ku rwibutso rw'Akarere rwa Kabuye mu Murenge wa Ndora habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ys 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hanashyingurwa mu cyubahiro imibiri 108 y'abishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi.

Igikorwa cyitabiriwe na Guverineri w'Intara y'Amajyepfo AKayitesi Alice, Sen. Adria Umuhire na Dep. Uwamariya Veneranda mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda, Visi Perezida wa IBUKA ku rwego rw'Igihugu Kagoyire Christine, Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara Jerome Rutaburingoga, Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza Erasme Ntazinda, RT Gen Fred Ibingira, abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara n'Akarere, Perezida wa Ibuka mu Karere, VM ED, VM AFSO, ES District, abashyitsi batandukanye n'abaturage benshi.

Visi Perezida wa IBUKA ku rwego rw'igihugu yashimiye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 imbaraga z'umutima n'umubiri bakoresheje kugira ngo bubake kandi basigasire ubumwe bw'abanyarwanda.

Guverineri w'Intara y'Amajyepfo yihanganishije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agira ati: "Nimukomere, mukomeze kwihangana no kwiyubakamo ubudaheranwa kuko ari byo bizagamburuza uwo ari we wese wifuzaga ko mwazima. Ubumwe bwacu ni zo mbaraga zacu.

Iki gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Ndora cyashojwe no gushyingura mu cyubahiro imibiri 108 y'abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi no gushyira indabo ku rwibutso.