Ikipe ya Volleyball y’Akarere ka Gisagara igiye guhagararira u Rwanda mu Tuniziya

Kuri Lemigo Hotel i Kigali, Ubuyobozi bw'ikipe ya Gisagara Volleyball Club, ubuyobozi bw'Akarere, abafatanyabikorwa n'inshuti za GVC bakoze Fundraising yo gushyigikira GVC igiye guhagararira u #Rwanda mu marushanwa ya Volleyball y'amakipe nyafurika yabaye aya mbere iwayo mu gihugu cya Tuniziya.

Iki gikorwa cyabereye kuri Lemigo Hotel kuri uyu wa kabiri tariki ya 03 Gicurasi 2022, cyitabirwa na Nyakubahwa Perezida wa Sena mu rwego rwo guha ikipe impanuro zo kuyiherekeza.

Iyi gahunda yitabiriwe kandi na

- PS MINALOC

- Abadepite: Hon Chantal Mbakeshimana, Hon Mediatrice Ahishakiye

- PES w'Intara y'Amajyepfo

- Komite Nyobozi y'Akarere

- Abayobozi batandukanye, abaterankunga n'inshuti za GVC

- Ubuyobozi bwa GVC n'abakinnyi bose.

Umuyobozi w'Akarere yagaragarije abashyitsi incamake y'ikipe ya GVC n'ibikorwa binyuranye byakozwe mu rwego rwo kuyubaka no kuyiteza imbere ikaba igeze aho ihagararira igihugu.

PS MINALOC yashimye cyane Akarere ka Gisagara, ati: "Dutewe ishema n'Akarere ka Gisagara. Mbere kari kazwi nk'Akarere gakennye cyane ariko ubu isura yako yarahindutse cyane, kageze ku rwego rwo guhagararira u Rwanda".

Perezida wa Sena, amaze gushimira ubuyobozi bw'Akarere ka Gisagara na GVC, atanze impanuro ku bakinnyi ati: "Ntimugiye nk'ikipe ya Gisagara, mugiye muhagarariye igihugu, mufite ibendera ry'igihugu. Intego yacu rero ni ugutsinda."

Yabijeje ko nibagarukana intsinzi, azaza kubakira.

Nyakubahwa Perezida wa Sena n'abandi banyacyubahiro bafashe ifoto y'urwibutso n'ikipe ya GVC.

Iyi kipe irahaguruka mu Rwanda ejo kuwa gatatu 04/05/2022 yerekeza muri Tuniziya, aho igiye guhagararira igihugu cyacu mu marushanwa y'amakipe yabaye aya  mbere iwayo.

Abitabiriye gusezera ikipe bayiteye inkunga kugira ngo ibone amafaranga asabwa muri uru rugendo.

Murakoze