Ibikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 23 Gicurasi 2023

1. Nk'uko biteganyijwe mu gitondo cya buri wa kabiri, mu Karere ka Gisagara, Abayobozi, Abakozi mu bigo binyuranye n'abaturage mu Mirenge, Ibitaro, Ibigo Nderabuzima, ibigo by'amashuri baramukiye mu bikorwa by'igitondo cy'isuku ku nyubako za Leta, mu mihanda, ku mavomo rusange, mu ngo z'abaturage, centres z'ubucuruzi n'ahandi.

Ku rwego rw'Akarere byabereye mu Murenge wa kibilizi, Akagari ka Ruturo, aho byitabiriwe na VM AFSO Denise Dusabe ari kumwe n'umukozi w'Akarere ufite mu nshingano isuku n'isukura.

Yatanze ubutumwa ku bitabiriye bwibanze ku kugira umuco w'isuku ku mubiri, imyambaro, mu ngo zabo cyane cyane igikoni n'ubwiherero, by'umwihariko ahwiturira abagore isuku yo mu buriri.

2. Mu kigo nderabuzima cya Gisagara mu Murenge wa Ndora habaye igikorwa cyo   kwibuka abahoze ari abakozi ba Centre de sante ya Gisagara, abarwayi n'abarwaza bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa cyitabiriwe na:
- VM AFSO madame DUSABE Denise ari nawe wari umushyitsi mukuru.
- DPC.
- DG w'Ibitaro bya Kibilizi.
-  E/S Ndors Sector.
- Maman mukuru w'urugo rw'Abizeramariya
- Uhagarariye ibuka   mu Murenge.
- Titulaire wa Centre de sante.
- Abakozi ba Centre  de sante na bamwe mu bayobozi b'ibigo nderabuzima.
- Abafite ababo baguye  muri centre de sante (abahakoraga, abari baharwariye n'abarwaza).
- Abakozi b'umurenge n'utugari two muri Ndora
- Abaharokokeye.
N'abandi baturage baje kubafata mu mugongo.

Iyi gahunda yatangijwe n'igitambo cya Misa, isozwa no gushyira indabo kuri Monument, Kandi muri rusange yagenze neza.

3. I Huye/Credo Hotel hateraniye inama ngarukagihembwe y'iminsi 2 (23-24/05/2023) yateguwe ku bufatanye bw'Akarere na Enabel/Barame project, itangizwa na VM AFSO Denise Dusabe.

Iyo nama  yahuje Ubuyobozi bw'Akarere ,abakozi b'Ishami ry'Ubuzima ku Karere, Abayobozi   b'Ibitoro byombi (Gakoma na Kibilizi), abakozi b'Ibitaro n'Abayobozi n'Ibigo Nderabuzima.

Intego y'inama:
Kwigiranaho ku bipomo by'ubuzima, birimo ubuzima bw'umubyeyi n'umwana, kuboneza urubyaro no  kubyarira kwa muganga .

4. Kuri iki gicamunsi cyo kuwa 23/05/2023, mu Tugari twose mu Karere ka Gisagara habaye Inteko z'abaturage. Ku rwego rw'Akarere yabereye mu Murenge wa Kigembe mu Kagari ka Nyabikenke. Yitabiriwe na VM AFSO Denise Dusabe ari kumwe na ES Sector, inzego z'umutekano, umukozi ushinzwe itumanaho nonguhuza inzego n'ushinzwe Itorero.

VM AFSO yabakanguriye:
- Ukutekano no gukumira amakimbirane
- MUSA
- Inka ku muryango
- Gukora bakiteza imbere
- EjoHeza
- Kwirinda Drop Out
- Kuboneza urubyaro
- Kubana barasezeranye
- Isuku
- Gahunda y'Itorero ku Mudugudu.

Abaturage bamaze kugaragaza ibyiza bagezeho bishimira, batanze ibitekerezo n'ibyifuzo byabafasha mu iterambere n'imibereho myiza.

Mu Nteko y'abaturage, abaturage bagaragaje bagaragaje ikibazo cy'umuhanda wacitse bikaba byashyira ubuzima bwa benshi mu kaga cyane cyane abana bahaca bajya cg bava ku iahuri n'abikoreye imizigo.

Nyuma y'inteko VM AFO n'abo bari kumwe bahasuye, bigaragara koko ko ari ikibazo gikomeye, gikeneye intervention yihuse. Yemeye ko agiye kukiganira na Komite Nyobozi, hakarebwa icyakorwa byihuse.

Banasuye inzu yubakiwe abatishoboye i Nyabikenke hafi n'ibiro by'Akagari, aganira n'abayituyemo, VM AFSO abaha inama zijyanye n'isuku n'ibo banoza mu mibereho myiza y'aho batuye.

Murakoze