Ibikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 14 Ukuboza 2021

1. Mu Mirenge yose igize Akarere habaye igikorwa cyo gutangiza ubukangurambaga bwimbitse bw'iminsi 14 bwo kwirinda no gukingira COVID19. Ku rwego rw'Akarere cyabereye mu Murenge wa Mugombwa mu Kagari ka Mugombwa, aho bwitabiriwe n'umuyobozi w'Akarere, DG w'ibitaro bya Kibilizi, Umuyobozi w'ishami ry'ubuzima ku Karere n'abaganga bakoraga igikorwa cyo gukingira n'abaturage bari bitabiriye.
▪ VM ED yakurikiranye igikorwa cy'ubukangurambaga no gukingira mu Murenge wa Ndora naho VM AFSO yagikurikiraniye mu Murenge wa Gishubi.
▪ Iminsi 14 izibanda cyane kuri gahunda yo gukingira abaturage batarafata urukingo rwa mbere n'abana bafite imyaka 12 kugeza kuri 17 ndetse no gutanga urukingo rwa 2 ku bafashe urwa mbere.
Muze twese tujye mu minsi mikuru twarikingije COVID19

2. Habaye igikorwa cy'Imiryango 900 cyo kwishimira ko yafashijwe kuva mu bukene bukabije bigizwemo uruhare n'Akarere ku bufatanye na Concern Worldwide mu Mirenge ya Mugombwa (450) na Gishubi (450).
▪ Igikorwa kitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere na VM AFSO n'abahagarariye Concern n'abagenerwabikorwa 450 i Mugombwa na 450 i Gishubi.

▪ Umuyobozi w'Akarere yasabye abafashijwe kwikura mu bukene kudasubira inyuma ahubwo bagafatiraho mu zindi gahunda zateganyirijwe gufasha abaturage kwiteza imbere, bagakomeza urugendo rugana ku bukire n'imibereho myiza.
▪ Abaturage bafashijwe kwikura mu bukene bukabije bishimiye aho bageze biteza imbere, bagize bati: Twarabibonye, birashoboka: Ubukene si karande
3. VM ED yakiriye Team ya GIZ na DOT.Rwanda aho bari baje kugaragaza umushinga bagiye gukorera mu Karere ka Gisagara wo gufasha urubyiruko baruhugura muri gahunda yo guhanga imirimo ishingiye kw'ikoranabuhanga no kurwanya icyorezo cya COVID-19.
4. Nk'uko biteganyijwe buri wa kabiri w'icyumweru, mu rwego rwo kwegera abaturage no kubakemurira ibibazo, mu Mirenge 9/13 habaye inteko z'abaturage. Mu Mirenge 4 ntiyakozwe bitewe n'imvura, barafata undi munsi hagati mu cyumweru.
5. Ku bigo nderabuzima byose, ibitaro n'izindi sites z'inyongera zashyizweho hakomeje igikorwa cyo gukingira abaturage COVID19. Urukingo rwa mbere ku batararuhabwa n'urwa 2 ku bahawe urwa mbere.
Igikorwa kirakomeje, kandi abaturage baritabira bishimishije.
Murakoze