Ibikorwa bigari byaranze Akarere kuri uyu wa 12 Nyakanga 2022

1. Umuyobozi w'Akarere ari kumwe na VM AFSO yayoboye inama nyungurabitekerezo ku kurwanya igwingira (Stunting), Malaria, vaccination no ku zindi services zitangirwa mu bigo nderabuzima n'ibitaro.
Inama yitabiriwe na ba DG b'ibitaro bya Kibilizi na Gakoma, abakozi bakorera ku Karere HQs bashinzwe ubuzima, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge yose, abayobozi b'ibigo ndarabuzima n'abajyanama b'ubuzima bahagarariye abandi.
2. Muri gahunda y'ubuyobozi yo kwegera abaturage no kubafasha gukemura ibibazo bafite, kuri uyu wa kabiri tariki ya 12/07/2022 inteko z'abaturege zateranye mu Mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere yabereye mu Murenge wa Mugombwa, Akagari ka Kibu, aho yitabiriwe n'umuyobozi w'Akarere ari kumwe na MAJ Coord n'inzego z'umutekano.
Ubutumwa bahaye abitabiriye inteko bwibanze ku ngingo zikurikira:
- Kwirinda amakimbirane yo mu muryango.
- Inka ku muryango kuko ari yo soko y'ubukire
- Kuzamura umusaruro ku butaka buto hakoreshejwe ifumbire y'inka (ari yo nzira yo gutera imbere)
- Mutuelle de Santé: yashimiye abaturage uburyo babashije kwishyura ubwisungane mu kwivuza, abasaba kurangiza neza.
Abaturage bahawe umwanya babaza ibibazo bafite, birakemurwa ibindi bihabwa umurongo.

3. VM ED yitabiriye Rwanda AgriShow2022 irimo kubera i Kigali ku Mulindi, naho VM AFSO ari kumwe na Div Manager bitabiriye inama ku Ntara yo gutegura itorero rya Youth Volunteers riteganyijwe kuwa 24-29/07/2022.
4. Nk'uko bisanzwe buri wa kabiri w'icyimweru, uyu munsi kuwa 05/07/2022, 06:30-08:00 mu Mirenge yose, abayobozi bari kumwe n'abaturage baramukiye muri gahunda y'igitondo cy'isuku, hibandwa ahantu hahurira abantu benshi, imihanda, isuku y'amazu bayakurungira no kubakira abatishoboye mu rwego rwo kurwanya HSIs.
5. Mu cyumba cy'inama cya YEGO Center Gisagara ,umukozi wa NESA HAKUZIMANA Jean Paul ari kumwe na DDE bahuguye abayobozi b'amashuri 100 bazayobora ibizamini bya Leta mu byiciro byose (primary, Secondary, TVET) bizatangira kuwa 20/7/2022 bikageza kuwa 5/8/2022 bikazakorerwa muri centres 50 mu Karere.
Amahugurwa yibanze ku buryo bazatanga raporo bifashishije ikoranabuhanga bakoresheje SDMS (School Data Management System)
6. Mu rwego rwo kwirinda no gukumira COVID19, igikorwa cyo gukingira abantu COVID19, bahabwa urukingo rwa mbere, urwa 2 n'urwa 3 rwo gushimangira (booster) cyakomeje.
Uyu munsi wo kuwa 12/07/2022 hakingiwe abantu 281 (Dose 1: 8, Dose 2: 88, Dose 3: 185).
Igikorwa kirakomeje...
Murakoze

