Ibikorwa bigari byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 20 Kamena 2023

1. Nk'uko biteganyijwe buri wa kabiri, Uyu munsi kuwa 20/06/2023, mu Karere ka Gisagara twazindukiye mu bikorwa by'igitondo cy'isuku mu Mirenge yose.

Ku rwego rw'Akarere byabereye mu Murenge wa Gishubi, Akagari ka Gabiro, aho byitabiriwe na VM AFSO Denise Dusabe.

Hakozwe ibikorwa bitandukanye harimo:

1. Isuku mu Mihanda

2. Isuku kuri centres z'ubucuruzi n'ahandi hahurira abantu benshi

3. VM AFSO yasuye irerero ry'abana mu ngo - HBECDs

4. Yatangije ibizamini kuri GS Gishubi

2. Mu Karere ka Gisagara hatashywe amazu 25 ya "2 in 1" yubakiwe abatishoboye, imiryango 50 itagiraga aho kuba yabonye amazu.

Igikorwa cyabereye mu Murenge wa Gishubi, Akagali ka Nyeranzi, kiyobowe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, aho imiryango 12 yahawe amazu.

Buri nzu ifite igikoni n'ubwiherero, ikigega gifata amazi, intebe za salon, ibitanda 2 na matelas n'ibyo kwisasira, ibikoresho byo mu gikoni bihagije: amasafuriya, amasahane, amakanya n'ibiyiko, amajerikani n'amabasi.

Abahawe amazu bashimiye cyane ubuyobozi bw'igihugu cy'u Rwanda.

3. Muri gahunda y'ubuyobozi yo kwegera abaturage, kuganira ku iterambere no kubakemurira ibibazo bafite, kuri iki gicamunsi mu Tugari twose habaye Inteko z'abaturage.

Ku rwego rw'Akarere yabereye mu Kagari ka Nyeranzi mu Murenge wa Gishubi, aho yitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga ari kumwe n'Umukuru wa Police mu Karere (DPC).

Mayor yakanguriye abaturage:

- Imibanire ikwiye kuranga umuryango nyarwanda, utekanye kandi uteye imbere

- Gahunda y'inka kuri buri muryango

- Gukora cyane no gutera imbere

- Ibyo umuturage yakwirinda n'ibyo yakwibandaho kugira ngo atere imbere kandi abeho neza

DPC yabakanguriye umutekano, abasaba kwirinda amakimbirane yo mu ngo n'inzoga z'inkorano kuko ibyo ari inzitizi z'iterambere n'imibereho myiza.

VM ED Jean Paul Habineza yitabiriye Inteko y'Abaturage mu Murenge wa Save, VM AFSO Denise Dusabe yitabiriye Inteko y'Abaturage mu Murenge wa Ndora, Akagari ka Gisagara, mu gihe Umuyobozi wa RIB ku rwego rw'Akarere Ngabonziza Jean de Dieu yitabiriye inteko mu Murenge wa Mamba.

Hose, nyuma y'ibiganiro bikangurira abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwikemurira ibibazo n'amahirwe ahari yo kwiteza imbere, abaturage bahawe umwanya babaza ibibazo bari bafite, ubuyobozi bafatanyije n'inzego z'umutekano n'abaturage b'inyangamugayo burabikemura.

4. VM ED Jean Paul Habineza yakiriye itsinda rya ba Auditors ryaturutse muri UNDP ryari riyobowe na Bwana UZAYISABA Bernardin, rikaba ryaje gukora audit ku bikorwa byakozwe n'umushinga wa FLR Mayaga.

 Iki gikorwa kdi kitabiriwe na:

- Umuyobozi w'Umushinga wa FLR Mayaga;

- Abakozi b'Akarere n'imirenge bakurikirana ibikorwa by'Umushinga;

Nyuma yo kwakirwa n'Ubuyobozi bw'Akarere, itsinda ryakomereje kuri field kureba ibikorwa hamwe no kuganira n'Abagenerwabikorwa b'Umushinga.

Hasuwe Ibikorwa bikurikira:

- Mu murenge wa Mamba hasuwe Inka, ibiti bivangwa n'imyaka, urubingo hamwe n'imirwanyasuri (Complete Agroforestry);

- Mu Murenge wa Gikonko hasuwe ishyamba (Afforestation/Woodlots);

Igikorwa cyagenze neza!

5. Akarere ku bufatanye na Enabel/Barame project hatangijwe amahugurwa y'iminsi 5 (19-23/06/2023), afungurwa na VM AFSO Denise Dusabe.

Yitabiriwe na:

- Abayobozi b'ibitaro,

- Abayobozi b'ibigo nderabuzima n'abakozi b'ibigo nderabuzima bashinzwe GBV .

Ayo mahugurwa agamije kongerera ubumenyi abitabiriye ibijyanye no kubungabunga uwahohotewe mu buryo bumwe n'ubundi.

6. Mu Nkambi y'impunzi z'abanye congo iherereye mu Murenge wa Mugombwa habereye igikorwa cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'impunzi ku nsanganyamatsiko igira iti: Ikizere cy'ejo hazaza kure y'imuhira

Hatanzwe ibiganiro bitandukanye byose byagarutse ku mibereho y'impunzi, Umutekano wabo aho baba n'imibanire n'abaturage baturiye iyi nkambi

7. Komite ya PSF ku rwego rw'Akarere iyobowe na Perezida wayo Kanyamuhanda Jean Baptiste baherekwjwe na Dir BDE Augustin Twagiramukiza basuye uruganda rwa Gikonko rice hagamijwe:

- Kuganira ku buryo Gikonko Rice yafatanya n'abacuruzi bo mu Karere,  hagashyirwaho sites / depots zicururizwaho umuceri ku buryo abaturage bawubona hafi yabo;

- Kubakangurira kuba abanyamuryango ba PSF kandi bagatanga n'umusanzu

8. Mu Murenge wa Gikonko hashojwe umuhigo wo kwigisha abantu 445 bize gusoma. kwandika no kubara, bakaba bahawe impamyabumenyi (certificates).

9. Mu rwego rw'imikino iri kubera mu Budage, ikipe ihagarariye Rwanda yasohotse mu matsinda ari iya 3 n'amanota 5:

- Ubudage ni bwo bwa 1 n'amanota 8

- Jamaica ni iya 2 n'amanota 7

- U Rwanda ni urwa 3 kimwe n'Ubuhinde ku manota 5

- Israheli ikaza ku mwanya wa nyuma.

Ejo ni akaruhuko.

Murakoze.