Hatangijwe igihembwe cy’ihinga 2023A

Kuri uyu wa 28 Nzeri 2022, Mu Murenge wa Save, Akagari ka Munazi, mu gishanga cya Nyabuyogera hatangirijwe igihembwe cy'ihinga 2023A ku rwego rw'Akarere, gitanizwa na VM ED.
Iki gikorwa cyitabiriw kandi na:
- ES Sector
- Uhagarariye RAB
- Police
- Abakozi bo muri Unit ya ANR
- DASSOs
- Abakozi b'umurenge wa Save
- Abafatanyabikorwa: Tubura, Triseeds, WAMCAB, HoReCo na BK Insurance.
- Abahinzi benshi bahinga muri icyo gishanga.
Hakozwe igikorwa cyo gutera ibigori, ndetse TRI-Seeds itangira abahinzi 200 Mituelle de Santé.

Mu biganiro bya nyuma y'umuganda, VM ED yabakanguriye:
- Kwitabira Igikorwa cyo kurwanya isuri
- Guhinga ku gihe
- Guhinga ahantu hose ntihazagire ahazasigara igisambu kidahinze
- Kwitabira gahunda y'ubwishingizi bw'ibihingwa n'amatungo ya TEKANA URISHINGIWE MUHINZI MWOROZI
- Kwitabira gahunda yo kuvomerera imyaka
- Kwita kuri gahunda y'inka ku muryango
- Kwitabira gahunda ya ejo Heza na Mituelle de Santé.

Nyuma y'umuganda, VM ED ari kumwe n'abakozi bo mu ishami rya ANR basuye pépinière yateguwe na TUBURA iherereye mu Murenge wa Save, Akagari ka Gatoki irimo ibiti by'imbuto (avocat 150,000) n'ibiti binyuranye bivangwa n'imyaka (1,200,000). Bigenewe gutangwa ku bantu bose babishaka kuko biragurishwa.


