Habaye ubukangurambaga ku burezi budaheza biciye mu mikino n'imyidagaduro

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 28 Kamena 2025, Ku Karere ka Gisagara habereye ubukangurambaga ku burezi budaheza biciye mu mikino n'imyidagaduro bukangurira abana kwitabira ishuri n'uruhare rw'ababyeyi ku burezi bw'abana, abakobwa n'abahungu nta n'umwe ubuze. Bwabimburiwe n'umukino w'umupira w'amaguru n'urugendo rwamagana ababuza abana kwiga, bikurikirwa n'ibiganiro.

Igikorwa cyateguwe ku bufatanye na Unicef Rwanda, Imbuto Foundation ihagarariwe na Patrick Uwihanganye, Umuri Foundation ihagarariwe na Jimmy Mulisa. Umushyitsi mukuru yari DG MIGEPROF Aline Umutoni, bakiriwe na VM AFSO.

Abafashe ijambo bose bagarukaga ku nsanganyamatsiko igira iti: Gutega umwana amatwi, kumwitaho neza mu myigire no mu buzima bwe bwa buri munsi bimwongerera icyizere no gutsinda mu ishuri.

Igikorwa cyanejeje cyane abitabiriye, cyane ko byaciye mu mikino y'umupira w'amaguru n'ikinamico, kandi benshi batanazi Jimmy Mulisa bumvaga cyane mu mupira w'amaguru mu ikipe y'igihugu, bakaba bamwiboneye.

Murakoze