Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yasuye Akarere ka Gisagara mu bukangurambaga bwo kwikingiza COVID19

Kuwa kane tariki ya 20 Mutarama 2021 muri gahunda y'iminsi 10 y'ubukangurambaga bwo gukingira abaturarwanda COVID19, Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Kayitesi Alice ari kumwe na PS MINIJUST Mbonera Theophile basuye Akarere ka Gisagara gukurikirana imigendekere y'igikorwa cy'ubukangurambaga no gutanga urukingo rwa COVID19 mu baturage.
Nyuma yo kuganira n'abagize inama yaguye ya COVID19 Command Post ku rwego rw'Akarere, basuye ahatangirwa urukingo mu Mirenge ya Nyanza, Kigembe, Kansi na Kibilizi.
Mu Mirenge yose, bashimye ko igikorwa cyo gukingira kigenda neza kandi ubukangurambaga bw'umuturage ku muturage bwakozwe neza. Yatanze inama zafasha kwihutisha gukingira, igikorwa kikarangira. Yasabye kandi ko bigendana no gukangurira abana kwitabira ishuri.
Ubwo Team yari kumwe na Guverineri yasuraga Imirenge ya Nyanza, Kigembe, Kansi na Kibilizi,indi Team yajyanye na PS MINIJUST Mbonera Theophile akurikirana igikorwa cy'ubukangurambaga no gukingira abaturage mu Mirenge ya Mukindo, Mugombwa, Muganza na Gishubi.
Twihutire kwikingiza COVID19, ntudohoke nanjye sindohoka…



