Guverineri w'Intara y'Amajyepfo ari kumwe n'Umuyobozi w'Ingabo mu Ntara basuye COOPRORIZ NGIRYI

Kuri uyu wa 24 Kanama 2021 Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Kayitesi Alice ari kumwe n'Umuyobozi w'Ingabo mu Ntara Gen. Ruvusha, intumwa y'ikigo cy'igihugu gishinzwe amakoperative n'abakozi b'Intara bashinzwe Iterambere ry'Ubukungu n'Amakoperative basuye Akarere ka Gisagara, baganira n'abanyamuryango ba Cooproriz Ngiryi ihinga umuceri mu gishanga cya Ngiryi mu rwego rwo kureba aho ibibazo byari muri iyo Cooperative bigeze bikemuka nyuma y'aho baheruka kubasura no kubagira inama kuwa 14/01/2021.

▪ Bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu bwana Habineza Jean Paul ari kumwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano mu Karere, ES Musha Sector, abakozi bafite ubuhinzi n'amakoperative mu nshingano, umuyobozi wa UCORIBU, bakirirwa mu cyanya cy'ubuhinzi bw'umuceri cya Ngiryi.

▪ Perezida Mushya wa COOPRORIZ yabagaragarije ibyakozwe nyuma y'inama baheruka kugirwa ubwo Governor aheruka kubasura, ibisigaye gukorwa n'ibigikeneye ubufasha.

▪ Nyuma y'ibiganiro birambuye n'inama zinyuranye, Guverineri yashimye cyane intambwe yatewe, ariko abasaba gukomeza gukemura n'ibindi bibazo by'imiyoborere n'imicungire itanoze bigihari. Yasabye RCA gukora ubugenzuzi bwihuse bw'iyo COOPRORIZ kugira ngo bayifashe kwiyubaka bushya no guteza imbere abanyamuryango.

▪ Iyo Cooproriz Ngiryi igizwe n'abanyamuryango bakabakaba 1000, bahinga umuceri kuri Ha 145 mu gishanga cya Ngiryi gihuriweho n'Imirenge 3: Musha, Ndora na Gishubi. Iyi gahunda yo gusura Cooproriz Ngiryi ije mu rwego rwo kureba uko inama zatanzwe na Nyakubahwa Minisitiri w'Intebe Ngirente Edouard ubwo yasuraga iyi Cooproriz kuwa 21 Mutarama 2020 zashyizwe mu bikorwa.