Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Alice Kayitesi yafatanyije n'abaturage ba Gisagara umuganda rusange w'Ugushyingo 2025
Nk'uko biteganyijwe buri wa gatandatu wa nyuma w'ukwezi, kimwe n'ahandi mu gihugu hose, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 29 Ugushyingo 2025, mu Mirenge yose mu Karere ka Gisagara habaye umuganda rusange usoza ukwezi k'Ugushyingo 2025.
Ku rwego r'Akarere wabereye mu Kagari ka Gatoki mu Murenge wa Save, aho witabiriwe na Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Alice Kayitesi, Team y' abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko nk'uko bamaze icyumweru mu Karere ka Gisagara, Abayobozi b'inzego z'umutekano mku Ntara, Umuyobozi w'Akarere, Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere, abayobozi batandukanye n'abaturage benshi.
Muri rusange ibikorwa byaranze umuganda rusange w'ukwezi k'Ugushyingo 2025 byibanze kuri:
- Isuku ku mihanda wa kaburimbo wa Save n'ahantu hanyuranye mu Karere
- Gutera ibiti
- Guharura imihanda no Gusibura inzira z'amazi
- Kubakira abatishoboye mu rwego rwo Kurwanya HSIs