Bimwe mu byakozwe mu Karere kuwa 20 Gicurasi 2022

Dore bimwe mu bikorwa binyuranye byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 20 Gicurasi 2022.

1. Ikipe y'Akarere ya Gisagara Volleyball Club GVC yageze ku cyicaro cyayo ku Gisagara nyuma y'amarushanwa nyafurika y'amakipe yabaye aya mbere iwayo yari ihagarariyemo u Rwanda, ikaba iya 3, igahabwa umudari w'umuringa.

Yakiriwe n'ubuyobozi bw'Intara y'Amajyepfo bwarj buhagarariwe n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara, Ubuyobozi bw'Akarere ka Gisagara, inzego z'umutekano, abayobozi n'abashyitsi batandukanye n'abaturage benshi cyane.

Byari ibirori bikomeye cyane ku bantu bose.

Abakinnyi bashimiye Ubuyobozi bw'Akarere n'abantu bose uburyo babashyigikiye.

Umuyobozi w'Akarere yashimiye ikipe uburyo yitwaye neza, nayo igakomeza umuhigo w'Akarere wo kuba Urugero rw'ibishoboka

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara, amaze kubashimira no gushima Leadership y'Akarere ka Gisagara, yabibukije indahiro bagiriye imbere ya Nyakubahwa Perezida wa Sena n'ijambo rikomeye yababwiye mbere yo guhaguruka, ubwo yagiraga ati: "Ntimugiye nk'ikipe ya Gisagara, mugiye muhagarariye igihugu, mufite ibendera ry'igihugu. Intego yacu rero ni ugutsinda."

Yabashimiye ko babyubahirije, bagahagararira u Rwanda neza, abizeza gukomeza kubashakira abaterankunga, ubufatanye busesuye kugira ngo ntibazasubire inyuma ahubwo umukino wa Volleyball na GVC by'umwihariko bikomeze bitere imbere.

Ibirori byashojwe no gufungura champagne n'ubusabane.

2. Mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gisagara habereye inama ya Komisiyo y'Ubukungu ya JADF yari iyobowe n'Umuyobozi wa Komisiyo, NKURIKIYE Jean Claude.

Ingingo zaganiriweho:

Kugaragaza ibikorwa bya JADF: ibikorwa byo muhinzi n'ubworozi ndetse n'umushinga wa Ecotourism.

Hatowe komite mu buryo bukurukira:

- V/P: Akarere

- Secretaire: RWARRI

- Advisors: Gabi Ltd & BDF         

Umuyobozi w'Akarere wari Umushyitsi mukuru yashimiye abafatanyabikorwa bose bitabiriye inama ndetse anabashimira uruhare badahwema kugaragaza mu iterambere ry'Akarere.

Yabasabye gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa biteza imbere abaturage b'Akarere ka Gisagara. Yabasabye kandi kwita ku myanzuro ya JADF, harimo kugira ibiro mu Karere mu Murenge wa Ndora, hakabaho zone y'abafatanyabikorwa nk'uko hari zone y'inganda, abagira imbogamizi nabo bakabivuga. Yasabye kwita ku muhigo wo kugira inka ku muryango, umushinga wa Ecotourism na Volleyball, dore ko ikipe y'Akarere imaze kugaragaza imbaraga nyinshi mu ruhando mpuzamahanga.

3. Kuri site ya Ngiryi ahahingwa imboga (amashu, intoryi n'ibitunguru) VM ED yayoboye igikorwa cyo guha abahinzi ibikoresho byo kuhira byatanzwe na AEE (African Evangelist Enterprise) bigizwe na Water Pumps 4 na Watering can 90, muri Project ya Horticulture and Value Chain.

V/M ED yatanze impanuro ku bahinzi harimo gufata neza ibikoresho bahawe bakabibyaza umusaruro, guhinga imboga nyinshi muri iyi Season C 2022, gukoresha inyongeramusaruro no kugira inka kuri buri rugo mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi no kwiteza imbere.

4. Mu cyumba cy'inama cya YEGO Center Gisagara habereye inama ngishwanama ku musoro (TAC) yari iyobowe na V/M ED Ari kumwe na ES w'Akarere.

Inama yitabiriwe na:

- Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge

- Uhagarariye polisi mu Karere

- Uhagarariye RRA mu Karere

- Uhagarariye Ngali mu Karere

- Sector accountants.

Inama yari igamije:

- Kurebera hamwe aho ingamba zafashwe mu nama iheruka aho zigeze zishyirwa mu bikorwa

- Kurebera hamwe aho tugeze mu kwesa umuhigo w'imisoro n'amahoro

- Ingamba zo kuzamura imisoro mu Karere

5. Mu Karere ka Gisagara habereye igikorwa cyo gutangiza "Irerero ry'umugore muyobozi w'ejo hazaza" mu Karere.

Igikorwa cyitabiriwe n'umuhuzabikorwa wa  CNF ku rwego rw'Intara, Komite Nyobozi y'Akarere, inzego za CNF ku Karere n'Imirenge, abana b'abakobwa baba mu irerero ry'umukobwa muyobozi w'ejo hazaza.

Umuhuzabikorwa wa CNF mu Karere yijeje abitabiriye ibirori uburere bwiza ku bana batozwa kuzaba abayobozi b'ejo hazaza.

Umuyobozi w'Akarere yabahaye impanuro kuri Leadership muri rusange na Leadership ku mugore by'umwihariko, abereka ibyiza biri imbere bibategereje.

6. Uyu munsi kuwa 20/5/2022, kimwe n'ahandi mu Gihugu hose, urubyiruko rugera kuri 60 rwo mu Karere ka Gisagara rwitabiriye gahunda yo kwibuka28 urubyiruko rwazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi gahunda yabereye mu Karere ka Huye muri Kaminuza y'u Rwanda, ahahuriye urubyiruko rugera kuri 300 rwo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe.

Umushyitsi Mukuru yari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa byo Kwibuka muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano mboneraGihugu . Hari kandi n'abayobozi batandukanye barimo

- Mayor Huye,

- V/Mayors Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru,

 - CEO BDF

- Urubyiruko ruhagarariye abandi mu Turere twavuzwe haruguru.

Muri iyi gahunda hatanzwe ubutumwa butandukanye harimo ibiganiro ku mateka yaranze u Rwanda mbere na nyuma y'ubukoroni ndetse n'uburyo jenoside yateguwemo, ikanashyirwa mu bikorwa.

Gahunda yashojwe no kunamira abazize jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Kaminuza i Huye.

7. Mu rwego rwo kwirinda no gukumira COVID19, igikorwa cyo gukingira abantu COVID19, bahabwa urukingo rwa mbere, urwa 2 n'urwa 3 rwo gushimangira (booster) cyakomeje.

Uyu munsi wo kuwa 20/05/2022 hakingiwe abantu 945 (Dose 1: 97, Dose 2: 126, Dose 3: 722).

Murakoze