Bimwe mu byakozwe mu Karere ka Gisagara kuri uyu wa 05 Ukwakira 2022

1. Mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gisagara habereye ibiganiro nyunguranabitekerezo aho Duhozanye Association yagaragarije Ubuyobozi bw'Akarere ibibazo n'ibyifuzo by'abaturage byazashyirwa mu igenamigambi rya 2023-2024 byegeranyijwe hifashishijwe uburyo bw'Ikarita Nsuzuma mikorere "Community Score Card".

Ibi biganiro byatambukaga ako kanya kuri Radio Huye (Live) kuko yari yimuriye studio ku Gisagara, abaturage bakurikiranaga ibyo abayobozi basubiza ku byifuzo byabo kandi bakanatanga ibindi bitekezo ako kanya.

Ihiganiro byitabiriwe na:

- Umuyobozi w'Akarere

- VP w'Inama Njyanama

- VM ED

- Umuyobozi wa Police mu Karere

- Ubuyobozi bwa Duhozanye Association n'abafatanyabikorwa muri iki gikorwa

- Abayobozi b'amashami y'imirimo ku Karere

- Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge

- CNF Coord na CNJR Coord ku rwego rw'Akarere

- Imboni z'Imiyoborere myiza zihagarariye abandi

- Umuyobozi n'abanyamakuru ba RBA Huye

Abayobozi n'abafatanyabikorwa batandukanye mu nzego zitandukanye bahitaga batanga ibisubizo cg icyerekezo cy'ibibazo n'ibyifuzo by'abaturage, babagaragariza ibyakozwe, ibiteganywa n'igihe bizakorerwa.

Iki kiganiro cyanejeje abayobozi n'abaturage bakurikiraga radio bakanatanga ibitekerezo kuko cyabaye inzira yo kungurana ibitekerezo n'abaturage ku iterambere ryabo kandi babigizemo uruhare (direct dialogue).

Umuturage kw'isonga

2. Kuri CREDO Hotel hatangiye  umwiherero wa session ya Peer to Peer learning izamara iminsi 2 (05-06/10/2022)

Yitabiriwe na:

- VM AFSO

- ES District

- Division Manager w'Akarere

- Abayobozi bakuru b'ibitaro (Kibilizi na Gakoma)

- Umuyobozi w'ishami ry'ubuzima (a.i)

- Abakozi b'Akarere bo mu ishami ry'ubuzima

- Abayobozi b'ibigo nderabuzima

- Abakozi bo mu bitaro n'ibigo nderabuzima bafite inshingano zifite aho zihuriye n'ubuzima bw'umwana n'umubyeyi.

Buri kigo nderabuzima kigaragaza ibipimo by'ubuzima bafite, ibikorwa byabafashije kugera ku bipimo bimeze neza, imbogamizi bahuye nazo n'uburyo babisohotsemo, imbogamizi bagifite hagamijwe gusangira ubunararibonye no kuzamura ibipimo by'ubuzima bw'umwana n'umubyeyi mu Karere kose.

Session izakomeza ku munsi w'ejo.

3. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe na Team igizwe na:

- Enabel

- Contractor na supervisor

- Tender committee y'Akarere

- OSC Staff

Basuye umushinga wo kubaka Maternity ward na fence mu bitaro bya Gakoma, hararebwa issues zihari zikeneye adjustments kugira ngo umushinga ukomeze neza.

4. Mu karere ka Gisagara hakomeje igikorwa cyo kwakira indahiro z'Abunzi. Harahiye abo mu Mirenge ya Gishubi, Ndora, Save na Kibirizi  barahiriye kuri site ya Ndora; n'abo mu Mirenge ya Gikonko, Mamba na Musha barahiriye kuri site ya Musha. Hakaba harahiye abunzi 253.

Indahiro zabo zakiriwe na Perezida w'Urukiko rw'ibanze rwa Ndora HINGABUGABO Jean Baptiste ari kumwe n'Umwanditsi mukuru w'Urukiko Mme Justine USANASE.

Muri rusange:

Abunzi bose hamwe bagombaga kurahira mu Karere ka Gisagara ni 504

- Abarahiye: 491

- Abataritabiriye kubera impamvu zitandukanye :13

- Ijanisha ry'ubwitabire:97.4%

Abo bunzi 13 batarahiye bazagenerwa undi mwanya mu cyumweru gitaha ku Rukiko rw'ibanze rwa Ndora.

5. Mu rwego rwo kwirinda no gukumira COVID19, igikorwa cyo gukingira abantu COVID19, bahabwa urukingo rwa mbere, urwa 2, urwa 3 n'urwa 4 cyakomeje.

Uyu munsi wo kuwa 05/10/2022 hakingiwe abantu 10 (Dose 1: 0, Dose 2: 0, Dose 3: 10, Dose 4: 0)

Igikorwa kirakomeje...