Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere kuri uyu wa 26 Ukwakira 2021
1. Kuri iki gicamunsi mu Tugari twose mu Mirenge yose habaye inteko z'Abaturage. Ku rwego rw'Akarere yabereye mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora, yitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere ari kumwe n'uhagarariye Police, umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge n'umukozi w'Akarere ushinzwe imiyoborere myiza.
▪ VM ED yitabiriye inteko mu Murenge wa Save Akagari ka Rwanza, mu gihe VM AFSO yagiye mu Murenge wa Mamba mu Kagari ka Gakoma naho ES District yitabira inteko mu Kagari ka Duwani mu Murenge wa Kibilizi.
2. Kuri iki gicamunsi kandi mu Mirenge yose habaye ihererekanyabubasha ku rwego rw'Umudugudu hagati ya Komite Nyobozi y'Umudugudu icyuye igiye n'iheruka gutorwa. Iki gikorwa kikaba cyahujwe n'inteko z'abaturage kugira ngo bikorerwe imbere y'abaturage babatoye.
▪ Ku rwego rw'Akarere byabereye mu Murenge wa Ndora, Akagari ka Gisagara, Umuyobozi w'Akarere akaba ari we mushyitsi Mukuru.
Nyuma yo gusinya no guhererekanya inyandiko, abagize Komite icyuye igihe bashimiwe, bahabwa certificates z'ishimwe. Ibi bikorerwa imbere
y'abaturage b'Akagari.
▪ Abaturage b'Akagari ka Gisagara bishimiye iterambere bamaze kugeraho harimo umihanda wa kaburimbo bahawe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, iterambere ry'umugi wa Gisagara ryihuta cyane nyuma y'uko umuhanda uhageze, serivisi nziza basigaye babona ku Murenge n'Akagari kabo, ...
▪ Umuyobozi w'Akarere yashimiye abaturage kuba barishyiriyeho abayobozi bifuje, ashimira abarangije mandat uburyo batwaranyije ku rugamba rw'iterambere n'imibereho myiza, by'umwihariko ibihe bya COVID19 bitari byoroshye kandi bakagera ku ntego.
▪ Yasabye abatangiye mandat gufatira aho abababanjirije bari bageze, bakihuta mu iterambere ku buryo impinduka zigaragara mu baturage.
▪ Iki gikorwa cyakurikiranwe kandi na VM ED mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Save, VM AFSO agikurikirana mu Kagari ka Gakoma mu Murenge wa Mamba naho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere akurikirana mu Kagari ka Duwani mu Murenge wa Kibilizi.
Ahandi Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge bagikurikiranye ku bufatanye n'inzego z'umutekano bakorana.
3. Mu cyumba cy'inama cya YEGO Center Gisagara harabera amahugurwa y'iminsi 3 (25-27/10/2021) y'Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Utugari kuri system yo kwandika abana no kwandukura abapfuye NCI-CRVS: National Centralized Integrated - Civil Registration and Vital Statistics.
4. Mu cyumba cy'inama cy'Akarere habereye amahugurwa ya ba Sacco managers hamwe na Acountants kuri system bazajya bakoresha mu koherereza amafaranga abagenerwabikorwa ba VUP biciye kuri MoMo cg Airtel Money .
▪ Ibi bizavanaho ikibazo cyo gutonda kuri SACCO cyatumaga abagenerwabikorwa binubira umwanya bata kuri SACCO bagiye guhabwa amafaranga yabo.
5. Mu rwego rwo kurwanya no gukumira COVID19 habaye ibikorwa bikurikira:
▪ Igikorwa cyo gutanga urukingo rwa 2 rwa COVID19 ku bantu bafite imyaka 50 no kuzamura cyakomeje kandi abaturage baritabira cyane. Hamaze gukingirwa abantu 9303 kuri 11684 bateganyijwe, bihwanye na 79.6%. Igikorwa kirakomeza ku munsi w'ejo.
▪ Ku bufatanye bw'ubuyobozi, inzego z'umutekano na youth volunteers bakoze ubukangurambaga mu isoko rya Musha mu Murenge wa Musha.
▪ Igikorwa cyo gususuma abantu abafite ibimenyetso bya COVID19 (screening) cyakomeje mu bigo nderabuzima byose n'ibitaro.
Hasuzumwe abantu 4209: muri Zone Hop. Kibilizi 2946, Zone Hop. Gakoma: 1263.
Murakoze