Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2023

1. Uyu munsi 06h30-08h00 mu Mirenge yose mu Karere ka Gisagara, hakozwe Siporo ya bose. Ku rwego rw'Akarere yabereye mu Murenge wa Ndora, ikaba yitabiriwe na:

- Inzego z'Umutekano (Police & Army)

- Umukozi w'Akarere ushinzwe urubyiruko, Umuco na Siporo

- Bamwe mu bakozi b'Umurenge wa Ndora n'abayobozi b'ibigo bikorera mu Murenge wa Ndora

- Abaturage bo mu Murenge wa Ndora

Hatanzwe ubutumwa bushishikariza abaturage: kwitabira Siporo kuko ituma tugira ubuzima bwiza, Kugira isuku aho dutuye ndetse no ku mubiri no gushishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, inda zitateganyijwe ndetse n'ihohoterwa rikorerwa abangavu.

Muri Siporo hakozwe: Mucakamucaka, Stretching

Nyuma ya Siporo habayeho igikorwa cyo gupima indwara zitandura, BMI na PFT.

2. Kuri iki gicamunsi, 16h00-17h00, kuri RC Huye hatambutse ikiganiro nyunguranabitekerezo cy'Akarere ka Gisagara k' Uruhare rw'umuturage mu ishyirwa mu bikorwa ry'imihigo 2023-2024 n'ibimukorerwa muri rusange.

Ikiganiro cyatanzwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga ari kumwe na Dir Plan w'Akarere Ndimurwayo Jean Bosco, Chairperson wa PSF Gisagara Kanyamahanga Jean Baptise ari kumwe na Agrippine Mukangenzi.

Dushingiye ku bitekerezo n'inyunganizi byatangwaga, Ikiganiro cyanejeje abaturage cyane kuko baganiraga n'Ubuyobozi bw'Akarere kandi ibitekerezo byabo byumvikana mu Karere kose ndetse no hanze yako.

Murakoze