Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 21 Gashyantare 2024

1. Itsinda ry'Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu Nteko Ishinga Amategeko rigizwe na Sen Prof Niyomugabo Cyprien na Sen Mukakarangwa Clotilde basuye Akarere ka Gisagara mu gikorwa cyo kugenzura ibikorwa mu gukumira no kuvura indwara z’ibyorezo.
Basuye Ikigo cy'ubuvuzi cya Kirarambogo baganira n'ubuyobozi n'abakozi b'ivuriro nyuma bagirana ibiganiro n'ubuyobozi bw'Akarere, DG b'ibitaro, abayobozi b'ibigo nderabuzima bose n'abakozi b'Akarere mu ishami ry'ubuzima.
Kuri terrain banasuye ikigo cy'amashuri cy'amashuri cya EP Rwamiko, bareba isuku muri rusange, school feeding n'uruhare rw'ababyeyi mu gikorwa cyo kugaburira abana ku ishuri.
Igikorwa cyayobowe na VM AFSO Denise Dusabe kandi cyagenze neza.
2. Mu cyumba cy'inama cya Gisagara Arena habereye amatora y'Inama y'Ubuyobozi n'Ubugenzuzi ya Koperative y'abamotari ku rwego rw'Akarere: COTAMOGI: Cooperative des Taxis Moto de Gisagara.


Aya matora yitabiriwe n'abamotari bahagarariye abandi 50 mu Karere nk'uko batowe umunsi w'ejo 20/02/2024.
Inzego zatowe:
- Inama y'ubuyobozi igizwe n'abantu 5
- Inama y'ubugenzuzi igizwe n'abantu 3
Bose hamwe ni 8.
Abamotari bishimiye ko bahurijwe hamwe muri Koperative, bikazatuma urwego rwabo rugira imbaraga.
Igikorwa cyatangijwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, kiyoborwa na VM ED Jean Paul Habineza kandi cyagenze neza.

3. Muri MONTANA Hotel hakomeje amahugurwa y'iminsi itatu 20-22/02/2024 ku mushinga w'Ihindagurika ry'ibihe ridaheza. Ni umushinga uzashyirwa mu bikorwa na NUDOR mu Mirenge ya Kibirizi, Muganza na Ndora.
Ayo mahugurwa arakorerwa mu byiciro 2:
- Service Providers (ukwabo): aho yitabiriwe n'abayobozi b'amashami n'abakozi b'Akarere batandukanye bagira aho bahurira n'imihindagurikire y'ibihe n'abafite ubumuga mu nshingano, Croix Rouge, REG, Montana Staff, uhagarariye World Vision.
- Abafatanyabikorwa banyuranye (ukwabo):
▪️Duhamic Adri, Tubura, Concern, World Vision, Green Amayaga Project, CDAT
▪️Abahagarariye ibyiciro by'abaturage: CNF, CNJR, NCPD
▪️Abakozi banyuranye ku Karere: JADF, ushinzwe abafite ubumuga, Environment Offier, Disaster Management Officer, Forestry and Natural Ressources Officer
▪️Abakozi bo muri iyo Mirenge bashinzwe imibereho myiza n'abashinzwe ubuhinzi.
▪️Ababa mu matsinda aterwa inkunga na NUDOR mu Mirenge ya Ndora, Kibilizi na Muganza
Abitabiriye amahugurwa bazarushaho gusobanukirwa n'imbogamizi abafite ubumuga bahura nazo bitewe n'ihindagurika ry'ibihe hamwe n'ibyo abayobozi mu nzego zose basabwa gukora mu guhangana no gukumira izo mbogamizi.
Murakoze