Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 20 Kamena 2024
I. Uyu munsi u Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Impunzi ku nsanganyamatsiko igira iti: "TWIFATANYE N'IMPUNZI" > "In solidarity with refugees". Ku rwego rw’Igihugu wizihirijwe mu nkambi y’Impunzi ya Mugombwa iri mu Karere ka Gisagara. Umushyitsi Mukuru yari Minisitiri wa MINEMA (Rtd) Major Gen. Albert Murasira ari kumwe n'abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda banyuranye barimo Canada, France, Belgium, Sweden, China, abafatanyabikorwa bo ku rwego rw'isi, abayobozi muri UNHCR bakorera muri iyi nkambi ya Mugombwa no mu zindi nkambi z'impunzi zibarizwa mu Rwanda.
Bakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara RUTABURINGOGA Jerome ari kumwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu Karere n'abayobozi b'inzego z'ibanze batandukanye.
Twabamenyesha ko u Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga 135,000 ziganjemo Abanyekongo 61.82% n’Abarundi 37.5%, inkambi ya Mugombwa ikabamo impunzi 11,882.
II. Inteko rusange y'Abagize Ihuriro ry'Abafatanyabikorwa JADF mu Karere ka Gisagara yateranye, iyobowe na Perezida wayo Muhashyi Aphrodice. Yatangijwe kandi yitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Denise Dusabe.
Abitabiriye inama basuzumiye hamwe:
1. Ibikorwa by'abafatanyabikorwa mu mwaka 2023-2024
2. Isuzuma ry'ibikorwa by'abafatanyabikorwa ryakozwe
3. Gutegura imurikabikorwa ry'abafatanyabikorwa "JADF Open Day"
4. Kugaragaza gahunda nshya y'iterambere ry'Akarere DDS 2024-2029 n'uruhare rwabo.
Murakoze