Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 19 Ukuboza 2023

1. Mu gitondo, mu Mirenge yose, abayobozi n'abaturage baramukiyemu bikorwa by'igitondo cy'isuku. Ibikorwa byibanze kuri:
- Isuku ahahurira abantu benshi
- Isuku ahatangirwa serivsi
- Gusibura imihanda n'inzira z'amazi
- Gukemura ibibazo bya HSIs
.....

2. Kuri uyu wa 19/12/2023, Mu cyumba cy'inama cya GisagaraArena habereye Inteko Rusange y'Abafatanyabikorwa b'Akarere - JADF. Yitabiriwe n'Abafatanyabikorwa bose, iyoborwa na chairperson wa JADF Muhashyi Aphrodis, ikaba yatangijwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga.

Inama yasuzumye ingingo zikurikira:
-Ibikorwa bya JADF mu Karere
-Aho imihigo 2023-2024 igeze ishyirwa mu bikorwa n'uruhare rwa JADF
-Ingamba zo gufasha abaturage kwivana mu bukene
-Uburyo abaturage bishimira serivisi bahabwa 2023 (CRC2023)
-Ishusho y'urwego rw'ubuzima mu Karere.

3. Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga ari kumwe na VM ED Jean Paul Habuneza yakiriye itsinda rya Consultants bari gutegura uko muri Gisagara hazubakwa uruganda rukora Sauce Tomate bikazafasha mu ruhererekane nyongeragaciro rw'inyanya kandi n'uruganda rw'inyama rukabona inyanya igihe rwazikenera.

4. Muri gahunda yo kwegera abaturage no kubakemurira ibibazo, nk'uko biteganyijwe kuwa kabiri wa buri cyumweru, kuri iki gicamunsi mu Tugari twose habaye inteko z'abaturage.

Ku rwego rw'Akarere yabereye mu Murenge wa Save, Akagari ka Shyanda, aho yitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, akanahatanga inka 25 ku miryango yo muri ako Kagari itari izifite.

Muri izi nteko z'abaturage wabaye umwanya wo gukangurira abaturage:
- Kugira uruhare mu kwicungira umutekano, by'umwihariko muri iyi minsi isoza umwaka 2023
- Kwandikisha ubutaka butari bwanditse kuko bikorerwa ubuntu.

5. Mu Nteko y'abaturage mu Kagari ka Shyanda mu  Murenge wa Save hatanzwe inka 25 muri gahunda y'inka ku muryango. Ni igikorwa cyayobowe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga.
Inka ni imbarutso y'iterambere, imibereho myiza, ubukungu n'ubukire

6. Ubukangurambaga ku cyaha cy'icuruzwa ry'abantu no gushakira inyungu ku bandi bwakomeje kuri uyu wa kabiri 19/12/2023 bwakore mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara nk'Akarere gafite Imirenge myinshi ikora ku mupaka.

Ubu bukangurambaga bwitabiriwe na VM ED Jean Paul Habineza ari kumwe n’inzego z’umutekano, bukaba bwibanze ku gusobanura icyaha cy'icuruzwa ry'abantu, amayeri akoreshwa, ababikora, ibihano ndetse n'uruhare rwa buri wese mu kubikumira

Ubu bukangurambaga  bwateguwe na RIB ku bufatanye n'Umuryango Mpuzamahanga ufasha abimukira IOM mu Rwanda ndetse na Ambasade ya Japan mu Rwanda, ku nsanganyamatsiko igira iti: Uruhare rwa buri wese mu kurwanya icyaha cy'icuruzwa ry'abantu no gushaka inyungu ku bandi.

Ubu bukangurambaga bwatangiriye mu Murenge wa Mukindo yesterday bukaba, nyuma ya Mugombwa bugiye gukomereza mu Mirenge ya Mamba, Gishubi na Ndora.

7. Ku bufatanye na World Vision, abaturage 111 bo mu Murenge wa Kigembe bagerageje kwikura mu bukene (Graduation) bahawe ibikoresho byifashishwa mu buhinzi ari byo ingorofani 111.

Ni Igikorwa cyayobowe n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kigembe Ntiyamira Muhire David .

Murakoze