Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 15 Mata 2024
1. Mu gitondo cyo kuri uyu mbere 15/04/2024 amashuri abanza n'ayisumbuye (day schools) mu Karere ka Gisagara yatangiye. VM AFSO Denise Dusabe yasuye EP Muyira mu Murenge wa Kibilizi; hagenzuwe isuku, ububiko bw'ibiryo by'abana, ubwitabire bw'abana n'abarezi. Yatanze ubutumwa bwo gukorana n'ubuyobozi n'ababyeyi bagakanguriirwa kohereza abana kare.
2. Ku Karere ka Gisagara hateranye inama y'umutekano yaguye yahuje Komite Nyobozi y'Akarere, inzego z'umutekano ku Karere n'Imirenge, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge n'Utugari na bamwe mu bakozi b'Akarere, iyobowe na VM EDJean Paul Habineza.
Ingingo ziganirwaho muri iyi nama:
- Imyanzuro y'inama iheruka
- Umutekano muri rusange
- Imyiteguro y'amatora
- Ishyirwa mu bikorwa ry'ibipimo bitandukanye: MUSA, EjoHeza, inka ku muryango, graduation, imisoro.
3. Nyuma y'ibiganiro HE Perezida wa Repubulika yagiranye n'abanyarwanda baba muri America muri RwandaDay, biciye muri Ambasade y'u Rwanda muri America-Washington, abanyarwanda bari muri Leta ya Maine basuye Akarere ka Gisagara mu rwego rw'ubufatanye mu iterambere.
Bagabiye inka imiryango 10 y'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (babarizwa mu Mirenge ya Muganza, Mugombwa, Musha, Mamba, Gikonko na Save), banishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango 2,000 iri mu rugendo rwo kwikura mu bukene. Kandi ubwo bufatanye buzakomeza no mu zindi gahunda.
Intumwa y'abo banyarwanda baba muri Diaspora ni Nshimiyimana Chrisostome.
Iki gikorwa cyitabiriwe na VM ED Jean Paul Habineza, VM AFSO Denise Dusabe, abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge, bamwe mu bakozi b'Akarere n'abagenerwabikorwa.
Murakoze.