Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 11 Werurwe 2025

1. Mu gitondo, 07h00-08h30, mu Mirenge yose n'ibigo binyuranye, habaye ibikorwa by'igitondo cy'isuku.

Ku rwego rw'Akarere byabereye mu Murenge wa Kansi mu Tugari twa Bwiza n'Akaboti aho byitabiriwe na VM AFSO Denise Dusabe. Ibikorwa byibanze kuri:

- Guharura imihanda

- Gusibura inzira z'amazi

- Isuku ahahurira abantu benshi: ibyanya by'ubucuruzi

2. Itsinda ry'abakozi ba Imbuto Foundation bayobowe na DG wayo Elodie Shami basuye Ikigo cy'Urubyiruko cy'Akarere ka Gisagara na Gymnase y'Akarere mu rwego rwo kureba icyakorwa kugira ngo bisanwe, bijye ku rwego rwiza.

Bakiriwe n'umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga ari kumwe n'abakozi bashinzwe urubyiruko, ikigo cya YEGO Center n'Umukozi w'Akarere ushinzwe ibikorwa remezo.

Nyuma y'ibiganiro mu biro bya Meya, basuye ikigo, bareba inyubako n'ibikorwa bihakorerwa, banaganira ku bibazo bigaragara ko bikemutse ikigo cyarushaho kunezeza abakigana na serivisi zihakorerwa, hagamijwe kureba uburyo byakemurwa.

3. Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa *Icyumweru cyahariwe kwita ku buzima bwo mu mutwe* (10-14/03/2025) mu Karere ka Gisagara, Ku bufatanye bw'Akarere na RBC (Mental health Division), Uyu munsi Team y'Akarere, RBC n'abaganga b'indawara zo mu mutwe baturutse ku Bitaro bya Gakoma, Kibilizi na Huye Rehabilitation Center bavuye abarwayi ku Bigo nderabuzima bya Gishubi, Mugombwa na Mukindo.

Mbere yo kubavura babanje kubaha ibiganiro ku ndwara/ibibazo byo mu mutwe, imyitwarire iboneye mu kuzirinda n'uburyo bwo kwita k'uwagize ibibazo/indwara zo mu mutwe.

Igikorwa gikomeje kugenda neza!

Murakoze