Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 07 Ugushyingo 2023

1. Nk'uko bisanzwe buri wa kabiri, hirya no hino mu Mirenge no mu bigo bitandukanye abayobozi n'abaturage bazindukiye mu bikorwa by'igitondo cy'isuku. Hibanzwe ku gutera ibiti by'imbuto n'iby'imitako mu bigo by'ubuvuzi, amashuri n'ahandi.

Umuyobozi w'Akarere Rutaburingoga Jerome yakoreye igitondo cy'isuku mu Kigo nderabuzima cya Gisagara mu Murenge wa Ndora ahatewe ibiti by'imbuto, V/M AFSO Denise Dusabe yitabira gutera ibiti mu Bitaro bya Gakoma no kuri EP Mashenyi mu Murenge wa Mamba, Umuyobozi w'ishami ry'ubuzima yifatanije n'abakozi b'Ibitaro bya Kibilizi n'Ikigonderabuzima cya Kibilizi.

Nyuma y'iki gikorwa abayobozi batanze ibiganiro bigaruka ku kamaro k'isuku muri rusange n'ak'ibiti by'umwihariko, babasaba gufata neza ibiti byatewe.

Ibindi bikorwa byakozwe:

- Isuku mu byanya bihuriramo abantu benshi

- Gusibura inzira z'amazi ku mihanda

- Isuku mu bigo binyuranye: ibigo by'ubuvuzi, amashuri, ...

2. VM AFSO Denise Dusabe yatangije amahugurwa y'iminsi ibiri (07-08/11/2023) yateguwe ku bufatanye bw'Akarere n'umufatanyabikorwa Alight agamije ubukangurambaga bwo gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina mu Mirenge ya Mukindo, Mugombwa, Muganza, Kibilizi na Ndora kuko ari yo uyu mufatanyabikorwa akoreramo.

Abitabiriye amahugurwa:

- VM AFSO

- DG Kibilizi Hospital n'umukozi w'ibyo bitaro ukurikirana ibijyanye n'ihohotera risningiye ku gitsina

- RIB ku rwego rw'Akarere

- ESs b'imirenge yavuzwe haruguru;

- Directors: God Gov, Health, Social

- MAJ Coord

- Profemme

- Rwamrec

- Abakozi b'Akarere: JADF, PRO, Gender officer, Heath Promotion and Deases Prevention Officer

3.  Mu rwego rw'abayobozi kwegera abaturage no kubakemurira ibibazo, ku gicamunsi, mu Tugari twose habaye inteko z'abaturage.

Ku rwego rw'Akarere yabereye mu Murenge wa Kansi, Akagari ka Bwiza, ahahuriye Utugari 2 (Akaboti na Bwiza), ikaba yitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga.

Nyuma yo gukemura ibibazo by'abaturage yagejejweho, yashiahikarije abaturage gukora cyane bakiteza imbere, agaruka ku mahirwe ahari yabafasha kwihita mu iterambere. Yaboneyeho ashima mu ruhame umuturage uheruka kugura FUSO mu rwego rwo kwiteza imbere.

VM ED Jean Paul Habineza yitabiriye inteko y'abaturage mu Kagari ka Nyeranzi mu Murenge wa Gishubi aho yabakanguriye:

- Umutekano no kwirinda amakimbirane

- Inka ku muryango

- Graduation

- MUSA

- School feeding & attendance

- EJOHEZA

4. Ibikorwa by'intore ziri ku rugerero rudaciye ingando birakomeje, bikaba byibanze ku bikorwa bikurikira:

- Kubakira abatishoboye: inzu , ubwiherero                                                  

- Gutera ibiti

- Gufasha abaturage gukora uturima tw'igokoni

- Gusibira imirwanyasuri

- Guharura imihanda

- Ubukangurambaga kw'isuku n'isukura

Murakoze