Bimwe mu bikorwa byakozwe kuwa 25 Gicurasi 2022 mu Karere ka Gisagara

1. Mu rwego rwo gusura ibikorwa batera inkunga, Ambasaderi w'Ububirigi mu Rwanda ari kumwe na Madame we n'umuyobozi w'umushinga wa Enabel ku rwego rw'igihugu basuye Akarere ka Gisagara.

▪️Bakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere ari kumwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano ku Karere, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere, Division Manager w'Akarere, n'abakozi b'Akarere bakorera ku HQs.

▪️Nyuma yo kumugaragariza ishusho y'ibikorwa igihugu cy'ububirigi gifasha Akarere biciye mu mushinga wa Enabel no kungurana ibitekerezo, basuye ibikorwa kuri terrain.

▪️Basuye ibitaro bya Kibilizi muri rusange ariko by'umwihariko aho abana bagize ibibazo mu ivuka ryabo bakurikiranirwa (Neonatology Service) kuko hubatswe ku bufatanye n'Ububirigi biciye mu mushinga Enabel (bubatse Hop. Kibilizi na Hop. Gakoma).

▪️Basuye kandi umworozi ntangarugero w'ingurube Umugwaneza Rachel mu Murenge wa Save, Akagari ka Rwanza, Umudugudu wa Butabire, watewe inkunga na Enabel. Yahawe ingurube 11, ubu afite 82, kandi amaze kwitura ingurube 12. Umushinga we ufite agaciro ka Rwf12M avuye kuri 5M.

▪️Aho kuri uwo mugenerwabikorwa Umugwaneza Rachel hakorerwa ishuri ry'ubworozi bw'ingurube, abaturage banyuranye cyane cyane abagore bakiga korora neza ingurube. Iyo barangije abaha ibubwana by'ingurube ku mafaranga make, abandi bakazibona biciye munzo aba yituye.

▪️Nyakubahwa Ambasaderi amaze kwirebera uwo mushinga no kumva ubuhamya bw'abagenerwabikorwa, yishimye cyane, anezezwa n'intambwe amaze gutera n'ubuhamya yumvise.

▪️Umuyobozi w'Akarere yashimiye cyane igihugu cy'Ububirigi, ashimira Ambasaderi wafashe uru rugendo akaza Gisagara.

Yamusabye ko Gisagara yaba Pilot District mu mishinga bateganya,  bihuye n'uko Gisagara yiyemeje kuba urugero rw'ibishoboka.

2. Mu Karere ka Gisagara hashojwe urugerero rw'Intore z'inkomezabigwi, ku rwego rw'Akarere umuhango wabereye mu Murenge wa Mukindo, igikorwa kiyoborwa na VM AFSO.

Muri rusange, mu Karere, intore zashoje urugerero zigera kuri 553.

3. Uyu munsi kandi, ku Karere ka Gisagara twakiriye abahoze mu mitwe y'ingabo zirwanya Leta (22) mu mashyamba ya Congo.

Igikorwa cyahagarariwe n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere, RFComandat, NISS n'umukozi wa Komisiyo ya Demobilisation. Hakiriwe abahoze ari abasirikare 21 n'umwana 1 w'imyaka 3, bakaba bari bamaze imyaka isaga 2 bahabwa inyigisho zinyuranye i Mutobo.

▪️Nyuma yo kubaha ikaze mu Karere ka Gisagara no kubibutsa ko baje ngo bafatanye n'abandi banyarwanda kubaka igihugu, nyuma yo kubaha impanuro zinyuranye zizabafasha kubana neza n'abo basanze no gukora cyane bakiteza imbere, bashyikirijwe impamyabushobozi zemeza ko bakurikiye amasomo y'imyuga.

4. Habaye inama y'abagize Komite Ngenzuzi y'Akarere (Audit committee) iyobowe na President wayo Mbonirema Jerome. Yitariwe n'abajyanama b'Akarere bayigize, itumirwamo kandi Division Manager w'Akarere n'Umugenzuzi bwite ku Karere.

▪️Ibyaganiriweho:

1.Gusangiza abandi ibyavuye mu mahugurwa y'abagize Audit Committees z'Uturere yateguwe na MINICOFIN

2.Gusuzuma raporo z'ubugenzuzi bwakozwe mu gihembwecya 3.

- Ubwakozwe n'abagenzuzi bwite b'Akarere

- Ubwakozwe na Auditeur Général

3.Gusuzuma no kwemeza Audit Plan y'abagenzuzi bwite b'Akarere.

4.Gutegura gahunda yo kuzaganira n'abayobozi b'ibigo bakorewe ubugenzuzi muri Werurwe 2022

5.Ibindi.

5. Team y'abakozi b'Akarere ka Rwamgana yashoje urugendo shuri rw'iminsi 2 bakoreraga mu Karere ka Gisagara. Uyu munsi basuye abaturage kuri terrain, mu Mudugudu wa Nyarurama mu Kagari ka Nyakibungo mu Murenge wa Gishubi, baganira nabo, babasangiza experience y'uburyo bashyira mu bikorwa gahunda ya Mutuelle de Santé. Banabagaragarije ko MUSA 2022/2023 bamaze kuyirangiza 100%.

6. Habaye inama y'igihembwe cya kane y'umushinga wa SAPMP uzatunganya igishanga cya Nyiramageni.

Inama yitabiriwe na ANR Unit, JADF Officer, Cooperative Officer, Sector Agronomists Mamba & Gikonko, SEDO b'Utugari twa Mbogo, Gakoma na Mamba n'abakozi b'umushinga SAPMP.

▪️Haganiriwe ku bikorwa Umushinga umaze gukora birimo amaterasi y'indinganire, imiringoti iteyeho ubwatsi n'ibiti bivangwa n'imyaka.

Hanaganiriwe kandi ku bikorwa biteganyijwe mu mwaka wa 2022-2023 birimo kubaka ubuhunikiro 1 bw'umuceri, ubwanikiro 3 bw'umuceri, gutera amashyamba, gutanga ibiti by'imbuto, gutera ibiti by'imirimbo ku mihanda ya Mamba na Gikonko no kurangiza inyigo yo gutunganya igishanga.

7. Hakozwe amahugurwa kuri verbal Autopsy yagenewe ba ES b'Utugari. Akaba agamije kubigisha kumenya uko bakora ikiganiro gifasha kumenya icyateye urupfu rutemejwe na muganga.

Amahugurwa azakomeza umunsi w'ejo.

8. Ku butumire bw'ubuyobozi bw'ishuri rya TTC Save, VM AFSO yatanze ikiganiro ku buzima bufite intego cyahawe abanyeshuri bose b'ikigo habaho n'umwihariko wo kuganira n'abana b'abakobwa biga muri iryo shuri.

9. Mu rwego rwo kwirinda no gukumira COVID19, igikorwa cyo gukingira abantu COVID19, bahabwa urukingo rwa mbere, urwa 2 n'urwa 3 rwo gushimangira (booster) cyakomeje.

Uyu munsi wo kuwa 25/05/2022 hakingiwe abantu 511 (Dose 1:8, Dose 2: 51 Dose 3:452 ).

Murakoze