Abasenateri bitabiriye inteko y'abaturage ni kimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 17 Kamena 2025

Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara kuri uyu wa 17 Kamena 2025

1. Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, habaye ibikorwa by'igitondo cy'isuku byibanze ku isuku mu ngo. Ku rwego rw'Akarere byakorewe mu Mudugudu wa Zihare mu Kagari ka Muyira mu Murenge wa Kibilizi aho byitabiriwe na VM AFSO.

2. Itsinda ry'abasenateri mu Nteko Ishinga Amategeko bayobowe na Hon. Sen. Uwimbabazi Penina basuye Akarere ka Gisagara mu rwego rwo Kugenzura uko ingamba zo guteza imbere ikoreshwa ry'ibicanwa bitangiza Ibidukikije zishyirwa mu bikorwa no Kumenya uko abaturage babona ibicanwa.

Bakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere ari kumwe na VM ED na bamwe mu bakozi b'Akarere, umuyobozi wa REG mu Karere, abafatanyabikorwa muri iyo domaine.

Ku gicamunsi bitabiriye inteko y'abaturage mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora, aho bafatanyije n'ubuyobozi bw'Akarere gukemura ibibazo by'abaturage no gukomeza ubukangurambaga rwo gukoresha ibicanwa bitangiza ibidukikije.

3. Hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga (WebEx), Uyu munsi VM AFSO ari kumwe na Komite ya CNF ku Karere n'Abahuzabikorwa ba CNF ku Mirenge na bamwe mu bakozi b'Akarere bitabiriye inama yateguwe n'Inama y'Igihugu y'abagore ku rwego rw'Igihugu mu Ntara y'Amajyepfo.

Inama yatangijwe na Guverineri w'Intara y'Amajyepfo ari kumwe na Perezidante wa CNF ku rwego rw'Igihugu.

Ibyaganiriweho:
- Uko Isuzuma ry'imihigo ya mutimawurugo yo mu mwaka wa 2024-2025 ryakozwe.
- Kugaragaza imihigo ya mutimawurugo izakorwa mu mwaka wa 2025-2026 yemejwe muri buri Karere;
- Ingamba mu gukomeza kunoza imikorere y'Inama y'Igihugu y'abagore binyuze mu mihigo ya mutimawurugo.

4. Ku gicamunsi, mu Tugari twose habaye inteko z'abaturage mu rwego rwo kubegera, kubakemurira ibibazo no kuganira kw'iterambere ryabo.
Ku rwego rw'Akarere yabereye mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora, aho yitabirowe na Hon. Sen. Penina Uwimbabazi ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere.

VM ED yitabiriye inteko y'abaturage mu Kagari k'Akaboti munMurenge wa Kansi.
Mu Mirenge yose abayobozi b'inzegomz'umurekano bafatanyaga n'abayobozi gukemura ibibazo by'abaturage no kuganira ku mutekano.

5. Intore mu ikoranabuhanga zikorera mu Karere ka Gisagara zakoze Igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabanjirijwe n'urugendo rwo Kwibuka (walk to remember) ruva ku biro by'Akarere rwerekeza ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw'Akarere rwa Kabuye.

Murakoze