06 Nzeri 2022: Bimwe mu bikorwa byaranze Akarere ka Gisagara

1. Muri iki gitondo cyo kuwa 06 Nzeri 2022, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gisagara habaye igitondo cy'isuku, hibandwa ku hantu hahurira abantu benshi, isuku y'umuhanda wa kaburimbo n'indi mihanda no gukurungira amazu y'abatishoboye mu rwego rwo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage HSIs.
2. Muri gahunda y' ukwezi kw'imiyoborere myiza, Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Alice Kayitesi yasuye Akarere kacu, afatanya n'ubuyobozi bw'Akarere gukemura ibibazo by'abaturage mu Murenge wa Ndora, Akagari ka Gisagara.
3. Mu rwego rwo kwegera abaturage no kubakemurira ibibazo, uyu munsi mu Mirenge yose habaye inteko z'abaturage, abayobozi n'inzego z'umutekano bafatanyije n'abaturage b'inyangamugayo gukemura ibibazo bagejejweho n'abaturage.
Umuyobozi w'Akarere yitabiriye inteko y'abaturage mu Murengebwa Ndora, Akagari ka Gisagara, aho yakiriye Guverineri w'Intara y'Amajyepfo waje gufatanya n'ubuyobozi bw'Akarere gukemura ibibazo by'abaturage.
VM ED yitabiriye inteko y'abaturage mu Murenge wa Kibilizi, Akagari ka Ruturo, naho VM AFSO yitabiriye inteko y'abaturage mu Murenge wa Kansi, Akagari k'Akaboti.
Ibibazo byakiriwe mu Mirenge yose ni 68:
52: byahise bikemurwa
11: byahawe umurongo bizakemurwamo. Hashyirwaho teams zizajya kuri terrain bitarenze kuri uyu wa Kane kubisuzuma.
5: Ababibajije bagiriwe inama yo kuzabishyikirira Abunzi.
4. Mu rwego rwo kwirinda no gukumira COVID19, igikorwa cyo gukingira abantu COVID19, bahabwa urukingo rwa mbere, urwa 2, urwa 3 n'urwa 4 cyakomeje.
Uyu munsi wo kuwa 06/09/2022 hakingiwe abantu 234 (Dose 1: 0, Dose 2: 15, Dose 3: 82, Dose 4: 137)
Igikorwa kirakomeje...
Murakoze
